Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » NYABIHU: Abantu 14 bafuzwe bakekwaho kunyereza agera kuri miliyoni 45.
Politike

NYABIHU: Abantu 14 bafuzwe bakekwaho kunyereza agera kuri miliyoni 45.

SETORA JanvierBy SETORA JanvierOctober 8, 2025Updated:October 9, 2025112 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Abantu cumi na bane(14) barimo abakozi batandatu (6) b’akarere ka Nyabihu n’abayoozi ba IBUKA umunani (8) bakaba bafungiye muri Sitasiyo za Polosi zo mu karere ka Nyabihu bakurikiranyweho kugira uruhare mu kunyereza agera kuri Miliyoni mirongo ine n’eshanu(45.000.000 frw) z’amafaranga y’u Rwanda  yari agenewe kubakira imiryango 17 y’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.

Iyi miryango 17 ngo yari ifite inzu zishaje zagombaga kubakwa mu mirenge 7 muri 12 igize akarere ka Nyabihu.

Amakuru Karibumedia .rw ikesha Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba ngo nuko ibi byagize ingaruka zikomeye ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 kuko ngo ibyagombaga gukorerwa inzu zabo zasanwaga bitakozwe kandi ngo harimo n’ibikoni byagombaga kubakwa ntibyubakwe ndetse ngo n’ibikoresho byakoreshejwe bikaba ari ibikoresho bitaramba.

Guverineri NTIBITURA Jean Bosco yagize ati” Ni amafaranga agera kuri Miliyoni 45 yanyerejwe mu ngengo y’imari y’umwaka 2024-2025 ariko ku bufatanye n’akarere ka Nyabihu, tugiye gutangira byihuse kubarura ibyagombaga gukorwa kuri izo nzu hanyuma dukoreshe uburyo bwihuse kugira ngo ibitarashoboye gukorwa,  bikorwe mu buryo bwihutirwa.”

Guverineri NTIBITURA yakomeje asaba abakozi muri rusange kwita ku nshingano kuruta kubazwa kutazubahiriza.

Yagize ati” Ubutumwa twatanga ku bakozi nuko bagomba gukora inshingano nk’uko bazifite ndetse bakirinda kuzikoramo amakosa kuko izo nshingano ziba zisobanutse kandi n’ibigomba gukorwa nabyo  bikaba bisobanutse kuko iyo umuntu yagiye ku ruhande rw’inshingano arabibazwa nk’uko byatangiye gukorwa kuri abo bo mu karere ka Nyabihu bafashwe.”

Abakozi batandatu(6) b’akarere ka Nyabihu bavugwa muri iki kibazo bakaba bafunzwe harimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere MUGIRANEZA David , Umuyobozi w’ishami ry’imibereho myiza, umukozi ushinzwe gutanga uburenganzira bwo kubaka n’abandi bakozi bo muri ayo mashami.

Hafunzwe kandi Perezida wa IBUKA muri aka karere ISHIMWE Samuel n’abandi bayobozi bo muri uyu muryango mu mirenge irindwi yagombaga kubakwamo inzu 17 z’abarokotse jenoside.

Ubwo Karibumedia.rw yakoraga iyi nkuru, abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) bari batangiye iperereza kuri aba bakozi b’akarere  n’abayobozi ba IBUKA nyuma y’aho bimenyekanye ko hubatswe inzu 15 muri 17 zateganyijwe ntizubakwe uko bikwiye.

Abafunzwe ubu, bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Jenda.

Yanditswe na SETORA Janvier.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
SETORA Janvier

Related Posts

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge

August 10, 2026

Minisiteri y’Uburezi yatangaje impinduka enye zikomeye, hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi

August 2, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,818 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,574 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,080 Views

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026991 Views

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 17, 20260

Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, ku itariki ya 14/08/2026 ahagana saa moya hagaragaye umwotsi…

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.