Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Green Party yitegura amatora ya 2029, irasaba urubyiruko n’abagore kwitinyuka no kwinjira muri politiki
Politike

Green Party yitegura amatora ya 2029, irasaba urubyiruko n’abagore kwitinyuka no kwinjira muri politiki

SETORA JanvierBy SETORA JanvierAugust 7, 2025Updated:August 7, 202565 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Mu bukangurambaga bwayo bukomeje mu gihugu hose, Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), ryatangaje ko ryatangiye urugendo rwo kongera abarwanashyaka, rikanitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka wa 2029.

Ibi byatangarijwe mu nama y’Inteko Rusange y’ishyaka ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru yabereye mu Karere ka Musanze, aho abarwanashyaka basobanuriwe imigabo n’imigambi y’ishyaka ndetse n’ingamba nshya zo kwiyubaka no kwitegura amatora ari imbere.

Mu byafatiwemo imyanzuro, harimo no kwiyubaka binyuze mu matora y’abayobozi bashya ku rwego rw’uturere no ku rwego rw’intara. Uwatowe kuyobora Green Party mu Ntara y’Amajyaruguru ni Ndayambaje Ibrahim, wasimbuye Ndacyayisenga Jerome wari urangije manda.

Aganira na KaribuMedia.rw, Ndayambaje yavuze ko ibikorwa biri imbere bizibanda ku kugaragaza imbaraga z’ishyaka mu bikorwa bifatika aho kwibanda ku magambo. Ati:

“Tugiye gushyira mu bikorwa gahunda z’ishyaka, twegere abaturage tubagezeho ibyiza byaryo. Turabyizeye kuko dufite ingufu z’urubyiruko. Umunyarwanda yaravuze ngo ‘Kora ndebe iruta vuga numve’.”

Na ho Ingabire Julienne, watorewe kuba Visi Perezida w’ishyaka mu Ntara y’Amajyaruguru, yashimye ko abagore bahawe ijambo mu miyoborere y’ishyaka. Yagize ati:

“Kuba natowe nk’umugore ni ikimenyetso cy’uko n’umugore ashoboye. Ngiye kuba ijwi ry’abagore mbakangurire kugira uruhare mu miyoborere no mu iterambere ry’igihugu.”

Yongeyeho ko azashyira imbaraga mu bikorwa bigamije guteza imbere abagore binyuze mu kubigisha gukora imishinga ibyara inyungu, avuga ko no mu nyungu nto harimo intangiriro y’iterambere.

Kwitegura amatora ya 2029: intego nyamukuru

Perezida w’ishyaka, Dr. Frank Habineza, yavuze ko intego nyamukuru y’iyi nama kwari ugutegura neza inzego z’ishyaka no gushyiraho ingamba zo kwitabira amatora ya 2029. Yagize ati:

“Twifuza ko igihe amatora azaba atashye tuzaba dufite abarwanashyaka kugeza ku rwego rw’umudugudu. Ibyo bizadufasha kugira uruhare nyabyo mu miyoborere n’impinduka zifatika mu mibereho y’abaturage.”

Dr. Habineza yasabye abarwanashyaka gukomeza gusigasira ubumwe bw’igihugu, kurangwa n’ubunyangamugayo no gukorera mu mucyo, cyane cyane mu bikorwa byo kurengera ibidukikije n’iterambere rirambye. Yibukije ko Green Party ari ishyaka rifunguye ku banyarwanda bose:

“Turasaba urubyiruko, abagore n’abandi bifuza impinduka kwinjira mu ishyaka kuko tugamije kubaka igihugu cyubahiriza ijambo ry’umuturage.”

Gahunda ya Politiki izashingirwaho kugeza 2029

Green Party yatangaje ko igiye gukomeza amatora y’inzego zayo kugeza ku mirenge n’utugari, kugira ngo yinjize abarwanashyaka bashya no gutegura neza gahunda y’ishyaka izagenderwaho mu gihe cy’imyaka itanu (2024–2029).

Iyo gahunda izashingira kuri:

  • Iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu

  • Imiyoborere myiza na demokarasi

  • Umutekano n’ubusugire bw’igihugu

  • Ububanyi n’amahanga

  • Iterambere ry’ubukungu

  • Kubungabunga ibidukikije n’ubutaka

  • Guteza imbere ubuhinzi, ubworozi n’uburezi

  • Ubushakashatsi n’ikoranabuhanga

  • Ubuvuzi bufite ireme, kurinda impfu z’ababyeyi n’abana

  • Ubumwe n’ubwiyunge no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

  • Kwishyira ukizana kw’itangazamakuru

  • Kubaka ibikorwaremezo, ubucuruzi, umurimo n’imishahara

  • Ubwiteganyirize, siporo n’ubukerarugendo

Iri shyaka rihamagarira abanyarwanda bose, cyane cyane urubyiruko n’abagore, kugira uruhare rugaragara mu miyoborere y’igihugu binyuze mu kwinjira muri politiki no kwitabira ibikorwa by’iterambere rirambye.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
SETORA Janvier

Related Posts

Minisiteri y’Uburezi yatangaje impinduka enye zikomeye, hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi

August 2, 2026

U Rwanda rwamaganye amasezerano RDC yagiranye na FDLR, ruvuga ko anyuranyije n’ay’i Washington

July 30, 2026

GAKENKE na MUSANZE: Hamuritswe uburyo bwo guteka mu mashuri hakoreshwa Gaz aho gukoresha inkwi

July 29, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,817 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,574 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,080 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026991 Views

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 17, 20260

Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, ku itariki ya 14/08/2026 ahagana saa moya hagaragaye umwotsi…

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.