Muri 1 Timoteyo 4:7-8 hagira hati: “[7]Ariko imigani itari iy’Imana n’iy’abakecuru ntukayemere, ahubwo witoze kubaha Imana;
[8]kuko kwitoza k’umubiri kugira umumaro kuri bike, naho kubaha Imana kukagira umumaro kuri byose, kuko gufite isezerano ry’ubugingo bwa none n’ubuzaza na bwo.

Abantu Imana yabahaye akanwa ngo banjye bavuga ibyubaka abandi ndetse n’ibindi bibafitiye umumaro. Ikibabaje abantu bamwe ntibazi ko akanwa karema: Akanwa karema umunezero; Akanwa karakiza; Akanwa kazanira ibyiringiro ababibuze; Akanwa niko katura urukundo umuntu akamenya ko akundwa.
ABANTU BAKENEYE AMAGAMBO YO KUBUBAKA
Bwira umuntu ko umukunda; Bwira umuntu ko ari mwiza; Bwira umuntu ko Imana imukunda; Bwira umuntu ko ari uw’agaciro; Bwira umuntu ko ari umunyamumaro, aya magambo abantu benshi barayakeneye muri ubu buzima kandi agarura ikizere cy’ubuzima kuko yongera kubaka cyangwa agakiza uwari wataye ibyiringiro.
REKA KUBWIRA AMAGAMBO MABI ABANDI.
Ntugatukane; Ntugasebanye; Ntugasesereze abantu; Ntukavuge amashyengo mabi kuko hari benshi bishengura kugezanaho bishobora kubagiraho ingaruka ku buzima bwabo.
NDAVUGURUZA AMAGAMBO MABI WABWIWE.
Ahari wabwiwe ko uri mubi ariko ndagutangariza ko uri mwiza cyaneeee, Ahari wabwiwe ko ntacyo uzimarira ariko ndagutangariza ko uri umukire utungishije benshi, Ahari bakubwiye ko uzakenyuka ariko ntabwo uzapfa uhubwo uzarama. Nturi injiji nk’uko wabibwiwe ahubwo uri umunyabwenge udasanzwe.
NTUKIYATURIREHO AMAGAMBO MABI KUKO AHAMBIRA UBUZIMA BWAWE.
Hari abantu biyaturiraho amagambo mabi cyangwa se umubyeyi akayatura ku mwana we. Amagambo ararema si byiza gupfa kuyavuga kuko usibye nibyo n’amazina mabi agira ingaruka ku muntu.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Yari mwene so muri Yesu Kristo
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

