Muri 1 Timoteyo 4:7-8 hagira hati: “[7]Ariko imigani itari iy’Imana n’iy’abakecuru ntukayemere, ahubwo witoze kubaha Imana
[8]kuko kwitoza k’umubiri kugira umumaro kuri bike, naho kubaha Imana kukagira umumaro kuri byose kuko gufite isezerano ry’ubugingo bwa none n’ubuzaza na bwo.

ESE UMUNTU AKWATUYEHO AMAGAMBO MABI UKORA IKI?
Hari igihe ushinduka bakubwiye ngo uri mubi; Uri injiji ntacyo uzimarira; Bazakwirukana ku kazi, uri ingumba n’ibitutsi bitandukanye…. kuburyo bigukomeretsa umutima kandi ugahora ubitekerezaho.
UMUNTU UKUBWIYE IJAMBO RIBI UHITA URIMUSUBIZA.
Nihagira ukubwira ijambo ribi uzahite urimusubiza. Uti: “Iryo jambo sindyumvise subirana ibyawe” cyangwa uti: “ibyo uvuze simbyumvise bikugarukeho. Mu yandi magambo ni kwakundi umuntu agutera ibuye ukarifata ukarimusubiza. Ntukabike mu matwi cyangwa mu mutima wawe ibintu bitanejeje kuko byakugiraho ingaruka.
ESE BAKWISE IZINA RIBI WAKORA IKI?
Mu kinyarwanda baravuga ngo so ntakwanga akwita nabi. Izina ribi rijya rikurikirana nyiraryo kuburyo rituma aca mu byiza cyangwa mu bikomeye bitewe nicyo risobanura.
NIBA UFITE IZINA RISOBANURA IBITAKUGANISHA KU MUGISHA KORA NKA YABESI.
Mu 1 Kubara 4:9-10, hagira hati: “[9]Yabesi yarushaga bene se icyubahiro kandi nyina yamwise Yabesi kuko yavuze ati “Namubyaranye agahinda”;
[10]Yabesi atakambira Imana ya Isirayeli ati: “Icyampa ukampa umugisha rwose, ukāgura imbago yanjye kandi ukuboko kwawe kukabana nanjye, ukandinda ibyago ntibimbabaze.” Nuko Imana imuha ibyo yasabye”.
Nawe biragusaba gutakambira Imana ikaguhindurira izina mu buryo bwo mu mwuka kandi yaba itarihinduye ikaburizamo ingaruka mbi zishingiye ku bisobanuro by’izina ryawe.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda
Yari mwene so muri Yesu Kristo
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

