Muri Matayo 4:3-7 hagira hati: “Umushukanyi aramwegera aramubwira ati “Niba uri Umwana w’Imana, bwira aya mabuye ahinduke imitsima.”;
[4]Aramusubiza ati “Handitswe ngo ‘Umuntu ntatungwa n’umutsima gusa, ahubwo atungwa n’amagambo yose ava mu kanwa k’Imana.’ ”;
[5]Maze umwanzi amujyana ku murwa wera, amuhagarika ku gasongero k’urusengero;
[6]aramubwira ati: “Niba uri Umwana w’Imana, ijugunye hasi kuko handitswe ngo‘Izagutegekera abamarayika bayo,Bakuramire mu maboko yabo,Ngo udakubita ikirenge ku ibuye.’”;
[7]Yesu aramusubiza ati: “Kandi handitswe ngo ‘Ntukagerageze Uwiteka Imana yawe”.
ESE UGIRA NGO NI NGOMBWA NGO UGUTUTSE CYANGWA UGUSEBEJE NAWE UMUTUKE CYANGWA UMUSEBYE?
Umuntu ntagaterwe na satani ngo nawe umufashe guterwa kuko mwese muba mwigiriye nabi mu gihe muha urwaho umwanzi satani. Yesu yaravuze ngo uzagukubita urushyi ku itama rimwe uzahindukize n’irindi (Bityo bishatse kuvuga ko ibyo kwishyurana ibibi umuntu yagukoreye Yesu ntabyemera).
NTUKAGIRIRE NABI UMWANZI WAWE KUKO NTACYO WABA UMURUSHIJE
Yesu aravuga ngo nitugirira nabi abanzi bacu ubwo tuzaba tubarushije iki? Ahubwo aravuga ngo nasonza tumugaburire, nagira inyota tumuhe amazi yo kunywa bizaba bimeze nko kumurunda amakara yaka ku mutwe.
IKIBI KINESHESHWE IKIZA!
Gira umwete wo gukora ikiza gusa maze ibibi ntubihe umwanya. Iga Ijambo ry’Imana n’umwete, kandi urisome cyane niryo rizaguhugura ku byiza ugomba gukora rikakumenyesha n’ibibi ugomba kwirinda.
IBYO UMUTIMA WAWE UKUBWIRA BURI GIHE SIKO UGAMBA KUBIKORA, AHUBWO KORA IBIHURA N’IJAMBO RY’IMANA.
Hari igihe umutima wawe ukubwira gushaka umugore cyangwa umugabo wa kabiri undi akiriho ukibagirwa uko warahiye, hari igihe wumva kwambura abantu ukaba mu butunzi bw’abandi ari byiza ukabaho ubuzima bw’ikinyoma, hari igihe wumva utababarira abakugiriye nabi kubera bakubabaje … None se ijambo ry’Imana rivuga iki kuri ibi bintu? Urabona ibiri mu mutima wawe bihura n’ijambo ry’Imana?
Imana iguhe umugisha ndagukunda!
Yari mwene so muri Yesu Kristo
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

