Muri 1 Samweli 18:1-5, hagira hati: “[1]Nuko Dawidi amaze kuvugana na Sawuli, umutima wa Yonatani uherako uba agati gakubiranye n’uwa Dawidi, kandi Yonatani akamukunda nk’uko yikunda;
[2]Maze uwo munsi Sawuli ajyana Dawidi iwe, ntiyamukundira gusubira kwa se ukundi;
[3]Bukeye Yonatani na Dawidi basezerana isezerano kuko yari amukunze nk’uko yikunze;
[4]Yonatani yijishuramo umwitero we yari yiteye awuha Dawidi, n’umwambaro we ndetse n’inkota ye, n’umuheto we n’umukandara we;
[5]Nuko Dawidi akajya ajya aho Sawuli yamutumaga hose, akitonda. Sawuli amugira umutware w’ingabo ze, abantu bose barabyishimira ndetse n’abagaragu ba Sawuli.BIBILIYA IRAVUGA NGO INSHUTI NYINSHI ZISENYA URUGO.
Mu Imigani 18:24, hagira hati: “[24]Incuti nyinshi zisenya urugo,Ariko haba incuti iramba ku muntu, Imurutira umuvandimwe.”
Hari abantu benshi baza mu buzima uzi ko baje kukubaka; Kugira icyo mufatikanya, ukagira ngo ni ibintu bizahoraho ariko inshuti nyinshi zishwana hatamaze kabiri kubera ibigenza abantu benshi ni ugusenya si ukubaka.
DORE IBIRANGA UMUNTU WABA INSHUTI MUKABANA NK’AGATI GAKUBIRANYIJE
1.Inshuti muzabana akaramata igomba kuba ikijijwe itinya Imana. Mu yandi magambo yarakiriye Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza. Umuntu uba mu bapfumu n’abarozi nta kindi akora isibye kukuzanira akaga mu buzima kugeza naho yagutamba i kuzimu; 2.Kuba inshuti yawe ikora ibintu byose mu izina rya Yesu Kristo itayoborwa n’umubiri cyangwa amarangamutima mu bikorwa byinshi ikora. Dawindi aravuga ngo: “Nguteye mu izina ry’Uwiteka nyiri ngabo, Imana y’ingabo za Isirayeli wazusuguye”;
3.Kuba yitonda kandi ibyo akora bikarangwamo ubunyangamugayo nk’uko Dawidi yabikoraga;
4.Kuba hari icyo yavuzweho n’Imana. Dawidi yari yarasigiwe kuzaba umwami;
5.Kuba atinya kandi yubaha uwimikishijwe amavuta. Dawidi yubahaga abimikishijwe amavuta. Abantu batubaha abimikishijwe amavuta barakenyuka.
Imana iguhe umugisha, ndagukunda!
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.


