Muri 1 Timoteyo 2:9-14 hagira hati: “[9]Kandi n’abagore ni uko ndashaka ko bambara imyambaro ikwiriye, bakagira isoni birinda, kandi batirimbisha kuboha umusatsi, cyangwa izahabu cyangwa imaragarita, cyangwa imyenda y’igiciro cyinshi;
[10]ahubwo birimbishishe imirimo y’ingeso nziza nk’uko bikwiriye abagore bavuga yuko bubaha Imana;
[11]Umugore yigane ituza aganduke rwose;
[12]kuko nanga ko umugore yigisha cyangwa ngo ategeke umugabo, ahubwo agire ituza;
[13]kuko Adamu ari we wabanje kuremwa nyuma hagakurikiraho Eva;
[14]Kandi Adamu si we wayobejwe, ahubwo umugore ni we wayobejwe rwose, ahinduka umunyabicumuro.

ESE UMUGABO UDAKORA INSHINGANO ZE UKO BIKWIRIYE SI BYIZA KO YAYOBORWA N’UWO BASHAKANYE?
Mu rugo bisaba kwihangana no kubahana. Iyo umuntu afite intege nke mu gukora ibintu runaka bisaba ko afashwa ibishoboka akazagaruka ku murongo kandi byakomeza kugorana ukabitura Imana.
Satani ahiga abagabo cyane kugira ngo batuzuza inshingano zabo neza mu ngo zabo mu rwego rwo kwica umuryango kuburyo twabigereranya na rya jambo ngo nzakubita umwungeri intama zitatane.
UMUGABO WAGIZWE INGANZWA MU RUGO RWE MBA MBONA BISA NABI.
Ese wowe wari wabona umugabo wagizwe inganzwa mu rugo rwe? Wabonye biba bisa neza? Impamvu bisa nabi ni uko hari umuntu uba wagerageje guhindura gahunda Imana yapangiye umuryango.
MUGORE, UMWANZI WA MBERE W’URUGO RWAWE NI IBISINDISHA.
Abagore bafite umwanzi ukomeye utuma ingo zabo zitamera neza uko babyifuza ariko nigake bafata umwanya ngo basenge basabe Imana ibarwanirire ikureho ibisindisha. Abadamu bagomba kwishyira hamwe bakarwanya umwanzi w’ibisindisha mu gihe umwe kuri umwe bimunanira kuko abishyize hamwe ntakibananira.
Imana iguhe umugisha ndagukunda.
Yari mwene so muri Yesu Kristo
Pasteur Alphonse HABYARIMANA.

