Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA

August 20, 2026

MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco

August 19, 2026

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA
  • MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA
Uburezi

Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasAugust 20, 2026Updated:August 20, 202655 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Mu kiganiro kuri Radio na TV10, cyabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Kanama 2026. Umuyobozi Mukuru wa REB, Dr. Nelson Mbarushimana yatanze Ikiganiro cyibanze ku ngingo zitandukanye zijyanye n’uburezi n’Ireme ryabwo; Ibibazo by’abanyeshuri n’abarimu; Transfers; Imiyoborere y’ibigo by’amashuri n’imyiteguro y’umwaka w’amashuri 2026_ 2027. DG yabajijwe kandi asubiza ibibazo by’abanyamakuru:

1. Igihe interview z’abayobozi b’ibigo by’amashuri zizabera

Ku kibazo kijyanye n’igihe interview z’abayobozi b’ibigo by’amashuri zizabera, DG wa REB yavuze ko iki kibazo kiri gukorwaho ubusesenguzi bwimbitse.

Yagaragaje ko umuyobozi w’ikigo cy’amashuri ari umusingi w’ireme ry’uburezi, bityo guhitamo abayobozi b’ibigo bigomba gukorwa mu buryo bwitondewe kandi bushingiye ku bushobozi bukenewe.

Yanagaragaje ko hakomeje kurebwa uburyo bwiza bwo gutegura no gushyira mu bikorwa iki gikorwa, bityo igihe nyacyo kizatangazwa nyuma y’ubusesenguzi bukenewe. English Proficiency ku bayobozi b’ibigo by’amashuri
DG wa REB yatangaje ko umuntu uzaba umuyobozi w’ikigo cy’amashuri agomba kuba yaratsinze English Proficiency kandi akaba ageze ku rwego rwa B2. Ibi bigaragaza ko ubushobozi bw’ururimi rw’Icyongereza ari kimwe mu bintu by’ingenzi byitabwaho mu gutegura abayobozi bafite ubushobozi bwo kuyobora ibigo no guteza imbere ireme ry’uburezi.

2. Transfers z’abarimu zakozwe muri ibi biruhuko

Ikiganiro cyagarutse kandi ku bijyanye na transfers z’abarimu zakozwe muri ibi biruhuko: Internal Transfer, abasabye ni 4,483 abemerewe ni 1,419; External Transfer, abasabye ni 7,802 abemerewe ni 2,084.

DG wa REB yasobanuye ko abarimu benshi bakunze gusaba kwimukira mu mijyi bava mu cyaro. Icyakora, yasobanuye ko uburyo bwo kwimura abarimu butagamije kuvana umwarimu ahantu ngo hahite hashyirwamo undi ku buryo bwikora. Yavuze ko transfers zishingira ku myanya ihari, bityo aho umwanya uri ni ho umwarimu ashobora kwimurirwa.

Special Case Transfers

Ku kibazo kijyanye na Special Case Transfers, DG wa REB yavuze ko iki kibazo kiri gukorwaho ubushishozi. Yasobanuye ko buri kibazo kizasesengurwa hakurikijwe uburemere bwacyo ndetse n’imyanya izaba ihari. Yijeje abasabye Special Case Transfer ko buri wese azasubizwa, kandi igisubizo kikazashingira ku miterere n’uburemere bw’ikibazo yatanze hamwe n’imyanya izaba ihari.

3. NESA n’ibizamini bya Leta

Hari umunyeshuri wabajije DG wa REB ku makuru yavugaga ko NESA itazongera gutegura cyangwa kubaza ibizamini bya Leta, ahubwo ko REB ari yo izajya ibikora.

DG wa REB yasobanuye ko ayo makuru ari ibihuha, agaragaza ko NESA ari rwo rwego ruzakomeza kugira uruhare mu bijyanye n’ibizamini bya Leta nk’uko bisanzwe. Yasabye abafite ibibazo cyangwa amakuru nk’ayo kujya bashingira ku makuru yemewe atangwa n’inzego zibishinzwe.

4.Ikibazo cy’abanyeshuri bagaburiwe Kawunga irimo inyo

Hagarutswe kandi ku kibazo cy’ikigo cya GS Nyarubande kimwe cyo mu Karere ka Rubavu cyagaburiye abana bari muri Holiday Remedial kawunga yavugwagamo ko harimo inyo.

DG wa REB yavuze ko ibyo ari uburangare bw’umuyobozi w’ikigo, kandi ko umuyobozi ubifitemo uruhare azabibazwa. Yaboneyeho gutanga inama ku bayobozi b’ibigo by’amashuri ko bakwiye kwita cyane ku mibereho, umutekano n’imirire y’abanyeshuri, kandi ko batagomba kurangara mu nshingano zabo, cyane cyane ku bibazo bishobora kugira ingaruka ku buzima n’imibereho y’abanyeshuri.

5.Imyiteguro y’umwaka w’amashuri wa 2026_ 2027

Mu gusoza ikiganiro, DG wa REB yasabye abanyeshuri; Ababyeyi ndetse n’abandi bose bafite aho bahurira n’uburezi kwitegura neza umwaka w’amashuri wa 2026_ 2027. Yashimangiye ko imyiteguro myiza y’umwaka w’amashuri ari ingenzi kugira ngo ibikorwa by’uburezi bitangire neza kandi bigire umusaruro mwiza.

Bagana ku musozo w’ikiganiro, byagaragaye ko REB ikomeje kwibanda ku kuzamura Ireme ry’Uburezi; Guteza imbere imiyoborere y’ibigo by’amashuri; Gukemura ibibazo by’abarimu n’abanyeshuri ndetse no gukoresha uburyo bushingiye ku bushishozi mu gufata ibyemezo birebana na transfers. By’umwihariko, DG wa REB yashimangiye ko ubuyobozi bwiza bw’ibigo by’amashuri ari inkingi y’ireme ry’uburezi, bityo guhitamo abayobozi bigomba gushingira ku bushobozi, harimo n’ubumenyi bw’Icyongereza ku rwego rwa B2.

Karibumedia.rw

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

Minisiteri y’Uburezi yatangaje impinduka enye zikomeye, hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi

August 2, 2026

MUSANZE: Ku nshuro ya 8, Muhabura Integrated Polytechnic College (MIPC) yongeye gutanga impamyabushobozi ku banyeshuri bagera kuri 226

August 1, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,833 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,589 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,100 Views

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 20261,038 Views

Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 20, 20260

Mu kiganiro kuri Radio na TV10, cyabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki…

MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco

August 19, 2026

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Umuyobozi w’Ikigo cy’Amashuri, ni Umusingi w’Ireme ry’Uburezi/ Dr. Nelson MBARUSHIMANA

August 20, 2026

MUSANZE: Ubufatanye buzazamura ubumenyi n’ubuhanga mu bukerarugendo bushingiye ku muco

August 19, 2026

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.