
Baba abavuye muri iyo modoka, baba Abapolisi bahise batabara, baba abahuruye, bose bemezaga ko nta kindi cyabujije iyo modoka kwiabarangura muri iyo manga, uretse ikiganza cy’Imana!
Byose byabaye kuri uyu mugoroba wa tariki 17/06/2026 mu ma saa mbiri n’igice z’ijoro, ahitwa Rusiga. Imodoka ya VIRUNGA yahagurutse i Musanze saa moya yerekeza Kigali. Iyo modoka yahagurutse irimo abagenzi bake, ariko igeze kuri Nyirangarama, ihafatira abandi bagenzi iruzura. Kimwe n’abandi bagenzi, bari mu modoka, nanjye nari ndi kuri terefoni, ndeba amakuru yiriwe kuko nari mvuye gutabara. Harimo n’abari kuganira bisanzwe, imodoka yagendaga neza rwose, nta muvuduko ukabije.
Imodoka igeze muri ibyo bice biri mu mpinga y’imisozo, ahitwa za Rusiga hitegeye Nyabarongo, yataye umuhanda ku buryo butunguranye maze iragenda icurika amazuru ku manga. Abari mu modoka, mu gihunga cyinshi, twese twabyigannye dusohoka tutazi ibibaye.
Twese tugeze hanze, ni bwo twabonye igitangaza, tumaze kubona aho imodoka itendetse. Abenshi basakuje, bararira, bibaza ukuntu imodoka yitendetse ku manga nk’iyo ntikomeze kuyirohamo, dore ko nta giti cyari cyayitangiriye.
Polisi y’u Rwanda na yo yahise ihagera yabuze icyo ivuga, ibonye aho imodoka itendetse. Yahise ishishikazwa no kureba uburyo yatabara Umushoferi, wari ukicaye mu modoka yabuze uko yavamo. Abantu bari mu modoka ziturutse Kigali n’izijyayo bose, barebye baracemerwa. Abo tutazi bavuye kuri izo modoka bazaga babaririza uvuye muri iyo modoka, maze bakaduhobera, badukomeza, bamwe turizwa no kwishimira ko turokotse iyo mpanuka mbi. Abaturiye aho icyo gitangaza cyabereye, batubwiraga ko imodoka yagombaga kumanuka ikagera iyo hasi mu gikombe, ko no kuzatumenya byari kuzagorana. Aho hantu ngo ni ho Bus ya International yakoreye impanuka, yahitanye benshi, ariko ngo twe twari bumanukiye habi cyane, ntacyagombaga kudutangira, mpaka mu kabande.
Ubwo Umushoferi we yari akiri mu modoka kuko ntiyashoboraga kuvamo. Atari uko imodoka yamufungiyemo kubera kwangirika, ahubwo ari uko kuvamo kwe byari bivuga ko yari kurekura feri imodoka ikamutsukana iyo mu nyenga.
Iyo modoka guhagarara gutyo, hejuru y’imanga, abantu tukavamo tubyigana, ntikomeze iyo mu nyenga, byatumye mbwira abari banyegereye ko turimo kureba igitangaza gikomeye, ko ibyo tubona byakozwe n’Ikiganza gitagatifu cy’IMANA. Maze kubivuga abantu bavuze ko koko nta kindi cyaba cyafashe iyo modoka hejuru y’imanga imeze ityo uretse IKIGANZA CY’IMANA.
Hatekerejwe ku mayeri yo gutabara Umushoferi wari ukiri mu kanwa ku rupfu. Ni bwo hashatswe umugozi ukomeye, bawuzirikia kuri iyo Coaster ya VIRUNGA, no ku ikamyo yikoreye amavuta y’ibinyabiziga yajyaga Musanze. Bamaze kuzirika imodoka neza, ubwoba bwongeye buradutaha, tubona ko umugozi uramutse ucitse, ubuzima bwa shoferi bwaba burangiriye aho.
Cya KIGANZA CY’IMANA cyakomeje gufata imodoka. Bamaze kuzirika kamyo yigiye imbere gato kugira ngo umugozi urambuke neza, bafate imodoka, tubona umugozi ntucitse. Umushoferi nawe yavuyemo amahoro, dukomeza gushimira IMANA. Ikamyo yakuruye imodoka, ivamo rwose. Indirimbo n’amagambo byo gushimira IMANA biba byose, abarira iyo bishimye, bararira ye, karahava.
Twese twari twahungabanye. Njye ubabariye iyi nkuru y’ukwigaragaza kwa Nyagasani IMANA, natitiraga: nabanje kubura aho terefoni iri kandi iri mu mufuka w’ikoti! Haje umuntu wajyaga Kigali, ambwira ko ngenda nkajyana na we mu modoka ye. Ubwo n’abandi twari kumwe bashakaga uko bagenda, bavuga ko niba n’imodoka ari nzima batari buyisubiremo! Muri ako kavuyo k’urusaku n’amarira y’ibyishimo, hari umuntu waje aranshakira arampobera cyane ntamuzi. Ubwo yari yumvishe mvuze ko nta kindi cyatumye iyo modoka, idakomeza mu manga uretse ikiganza cy’IMANA. Ni bwo yarebye no ku kuboko kwanjye asanga nambayeho Ishapure, ni ko kumbwira ati wowe wari urinzwe n’Umubyeyi Bikira Mariya, ati kandi ntuzigere utandukana nawe.
Tugarutse ku mpamvu zo guta umuhanda kandi nta bisikana rigoranye ribaye, ni ikibazo Umushoferi yasubiza ariko benshi twaketse ko yari ananiwe cyane, bituma asinzira. Ariko nabwo tukavuga ko kuba yafashe za feri zombi ari igitangaza kidasanzwe.
Icyo navuga kandi nkacyemeza nshize amanga ni uko muri iri joro ryo ku wa 17/06/2026, IKIGANZA CY’IMANA cyabujije imodoka kugwa mu nyenga y’imanga, abagenzi bari bayirimo, twese turokoka impanuka iteye ubwoba. IMANA yari ihari. Erega iduhora iruhande, hose, muri byose, igihe cyose.

Yanditswe na SIBOMANA Jean Bosco
