
Mu karere ka Burera, umurenge wa Kinyababa; Akagari ka Musasa mu mudugudu wa Kabarore haravugwa inkuru ibabaje y’umusaza Gitota François w’imyaka 81 wapfuye azize uburwayi, bikavugwa ko yaje gushinyagurirwa acibwa imyanyandangagitsina; Agatoki gahera n’akano gahera nk’uko bivugwa na bamwe mubamubonye.
Ni urupfu rwabaye ejo kuwa 02/05/2026 ahagana saa cyenda z’ijoro nk’uko bivugwa n’umuhungu wa Nyakwigendera witwa Ntamukunzi Jean Damascène, nyuma yo guhamagarwa na Ndayisaba utuye mu Mutara.
Ubwo Karibumedia.rw yakoraga iyi nkuru yavuganye na bamwe mu baturage bavuga ko bikekwa ko uyu musaza Gitota François yaba yaciwe imyanya y’umubiri akimara gupfa, birimo n’ubugabo ariko ko batabihagazeho.
Nk’uyu wirinze kudutangariza amazina ye ku mpamvu z’umutekano we yagize ati: “Uko bigaragara ni uko yapfuye urw’ ikirago ariko bikagaragara ko yaciwe imyanya ndangagitsina; Akano gahera n’agatoki gahera.”
Yakomeje agira ati: “Mubakekwa harimo umukwe we; Umukobwa we n’umugore we kuko aribo bari kumwe nawe akimara gupfa. Ikindi ngo ni uko ibyo bamuciye byose nk’uko bivugwa ngo baba babisanze mu kibindi. Gusa, ibivugwa byose mwabibaza umuhungu we Ntamukunzi Jean Damascène kuko yahise ahagera, impaka zikaba ndende mu muryango bikaba ngombwa ko umurambo ujyanwa kwa muganga mu bitaro bya Butaro kugira ngo ukorerwe isuzuma cyane ko bavugaga ko hari imyanya y’umubiri bamuciye.”
Aganira na Karibumedia.rw, Umuhungu we Ntamukunzi Jean Damascène yemeye ko se yapfuye ariko akaba yashinyaguriwe bamuca imyanya y’umubiri itandukaniye.
Yagize ati: “Data Gitota François yapfuye afite imyaka 81 ariko akimara gupfa, ntabwo bahise babimbwira kuko ntuye hirya gato yo mu rugo gusa ikibabaje nuko nahamagawe n’uwitwa Ndayisaba uba mu Mutara kandi ari njyewe wari hafi. Nkibaza impamvu babimpishaga kandi ari njyewe mfura ye.”
Ntamukunzi yakomeje avuga uburyo yavuje se Gitota François za Kigali n’ahandi ariko bigakomeza kugorana ngo akire burundu.
Yagize ati: “Data Gitota François namuvuje za Kigali ntiyakira kuko bambwiye ko yacitse umutsi wo mu mutwe, mujyana kumuvuza za Rugalika nabwo biranga noneho agera igihe cyo kutagaruka iwanjye mu rugo yibera iwe. Ijoro ry’ejo rero kuya 02/05/2018 saa cyenda z’ijoro (03h00′) nibwo nahamagawe nk’uko nabivuze haruguru n’uwitwa Ndayisaba (Uba mu Mutara), ambwira ko data yapfuye. Nahageze nka saa kumi n’imwe (05h00) nsanga uwapfuye (Data) yihengekanywe na muramu wanjye witwa Sinamenye; Umugore we ari nawe mushiki wanjye witwa Kanzayire Média na mama Nyiraruharaza Alivera. Nkihagera, nasanze yapfuye ariko afite amaraso ku rutoki rurerure (Bita mu kinyarwanda “Musumbazose”) mbabajije ntibansubiza. Bityo, nibwo nahamagaye ubuyobozi burimo na RIB, umurambo ujyanwa kwa muganga mu bitaro bya Butaro gukorerwa isuzuma, nk’uko natanze ikirego, tukaba dusaba inzego zibishinzwe gukurikirana abo namusanganye bakavuga iby’urwo rupfu n’urushinyaguro yakorewe.”
Kariumedia.rw yavuganye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kinyababa Mugiraneza Ignace nawe yemeza iby’urupfu rwa Gitota François ariko ntiyemeza ibyo gushinyagurira umurambo ngo kubera ko atabibonye ntabe na muganga, ko icyo azemeza azakivuga nyuma ya raporo ya muganga.
Yagize ati: “Nibyo umusaza Gitota François yapfuye koko ariko sinakwemeza ko yashinyaguriwe kuko ibyo bavuga ntabibonye ariko nyuma ya raporo ya muganga nibwo twagira ubutumwa duha abaturage dushingiye kubizaba byagaragajwe na muganga, gusa twakwihanganisha umuryango wabuze uwawo kandi tubasaba kwirinda amakimbirane , inzangano n’ ibihuha kuko bisenya imiryango n’ubuvandimwe.”
Amategeko ateganya iki kubijyanye no gushinyagurira umurambo?
Itegeko n° 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo yaryo ya 130 ivuga ibyo guhisha cyangwa gutaburura umurambo w’umuntu, kuwucaho umwanya w’umubiri cyangwa kuwushinyagurira.
Igira iti: “Umuntu wese uhisha cyangwa utaburura ku bugome umurambo w’umuntu cyangwa uwucaho umwanya w’umubiri cyangwa uwushinyagurira ku buryo ubwo ari bwo bwose, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’ igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).
Umurenge wa Kinyababa ugizwe n’utugari tune ( 4), dutatu (3) muri two aritwo Musasa, Bugamba na Rutovu tukaba dukora ku gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.
Ubwo twakoraga iyi nkuru amahane no kutumvikana byari byose mu muryango wa Gitota François kuko abana batandatu(6) ba Nyakwigendera bacibwaga amafaranga ibihumbi ijana (100.000 frw) yo kumushyinguza, ni ukuvuga 16.500 frw kuri buri mwana mu gihe iperereza rigikomeje, tubizeza kandi kuzabagezaho ibizava mu iperereza ryatangiye.
Yanditswe na SETORA Janvier.
