
Mu gutangaza ko habaye agahenge k’imirwano hagati ya Israel na Liban ejo, Perezida Donald Trump wa Amerika yagize ati: “Ni icyubahiro kuri njye kuba narahagaritse intambara 9 ku isi hose kandi iyi izaba iya 10.”
Mbere yari yaravuze ko yarangije intambara umunani, naho intambara iheruka na Iran, Amerika yatangije ifatanyije na Israel ishobora kuba iya cyenda.
Intambara ya Israel muri Liban yo kurwana na Hezbollah ni yo yavuze ko ari iya cumi.
N’ubwo bigaragara ko hari amasezerano yo guhagarika imirwano ku birebana na Liban kandi n’ayo hagati ya Iran yamaze gutangira gukurikizwa kuva ku wa 8 Mata(4), nta masezerano arambye y’amahoro arashyirwaho kuri izo ntambara zombi.
Izindi ntambara umunani Trump avuga ko yarangije nk’uko bivugwa na White House, ni izari hagati ya:
Israel na Hamas;
Israel na Iran;
Pakistan n’u Buhinde;
U Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo;
Thailand na Cambodia;
Armenia na Azerbaijan;
Misiri na Ethiopia
Serbia na Kosovo,
BBC Verify yigeze gusuzuma ibi bivugwa igaragaza ko n’ubwo hari aho byumvikana ko Trump ashobora gufataho uruhare mu biganiro bimwe na bimwe nko gufasha mu masezerano yo guhagarika imirwano hagati ya Israel na Hamas i Gaza, izindi ntambara nyinshi zavuzwe zamaze iminsi mike, gusa hagati y’ibihugu bisanzwe bifitanye amakimbirane ya kera.
Hari n’urugero rumwe aho intambara hagati ya Misiri na Ethiopia, cyari ikibazo cya dipolomasi kijyanye n’iyubakwa ry’urugomero, nta mirwano nyakuri yabayeho ngo irangizwe.
Byongeye kandi, intambara mu Burasirazuba bwa DR Congo yarakomeje na nyuma y’uko u Rwanda na DR Congo bashyize umukono ku masezerano y’amahoro i Washington DC mu mwaka ushize.
Karibumedia
