Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
  • MUSANZE: Ikigo “RED ROCKS”, cyaganuje abaturanyi bacyo n’abanyamahanga karahava
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » RIB yakajije ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu turere twegereye imipakaka
Umutekano

RIB yakajije ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu turere twegereye imipakaka

OLIVE TUYISHIMEBy OLIVE TUYISHIMEFebruary 20, 2026Updated:February 21, 202650 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

 

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwakoze ubukangurambaraga bugamije gukangurira abaturage gukumira no guhashya icuruzwa ry’abantu, ni ubukangurambaga bwabereye mu murenge wa Bungwe mu karere ka Burera.

Iki gikorwa cyibanze ku kwigisha abaturage by’umwihariko urubyiruko, barushishikariza kwirinda abantu babashuka babizeza akazi keza mu mahanga nyamara bafite umugambi wo kubacuruza no kubakoresha imirimo y’agahato.

RIB yasabye abaturage kujya bashishoza no gukora iperereza rihagije mbere yo kwemera akazi babwiwe kuko kudasesengura neza bishobora kubakururira ingorane zikomeye. Yanagiriye inama urubyiruko rwo kudahubukira kujya gushakira imibereho mu mahanga, ahubwo rukabyaza umusaruro amahirwe ari mu Rwanda no kwihangira imirimo.

Ntirenganya Jean Claude, umukozi wa RIB ushinzwe gukumira ibyaha, yatangaje ko imibare igaragaza ko urubyiruko rwinshi rujyanwa mu icuruzwa runyura ku mipaka nyuma yo gushukwa ko rugiye guhembwa amafaranga menshi mu bihugu byo hanze. Yavuze ko ari yo mpamvu bahisemo gushyira imbaraga mu bukangurambaga bwo mu turere twegereye imipaka.

Yagize ati: “Ku mipaka ni ho usanga benshi banyura bajya gushaka akazi mu mahanga. Hari abizezwa amafaranga menshi ariko bagerayo bagasanga bagiye gukora imirimo y’agahato, ndetse hari n’abahura n’ingaruka zikomeye zirimo no gutakaza ubuzima.”

Umwe mu rubyiruko watanze ubuhamya yavuze ko yashukishijwe kujya gukorera muri Tayilande, asezeranywa kuzajya ahembwa amadorari 700 ku kwezi. Nyamara aho kujyanwa muri Tayilande yisanze muri Mali, aho yakoreshejwe imirimo ivunanye kandi idafite uburenganzira.

Yagize ati: “Banyijeje ko ngiye kubona akazi keza n’umushahara mwiza, numva ubuzima bwanjye bugiye guhinduka ariko nagezeyo nsanga ibintu bitandukanye n’ibyo nabwiwe. Twakoraga amasaha menshi, nta burenganzira ndetse nta n’itumanaho n’abacu. Byari ibihe bigoye cyane ariko ndashimira Leta y’u Rwanda yamfashije gutaha binyuze muri Ambasade.

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Mukamana Solina yavuze ko ubuyobozi bwiteguye gukomeza gufatanya na RIB mu guhangana no guhashya n’icuruzwa ry’abantu.

Yagize ati: “Tuzakomeza gukangurira abaturage kuba maso no gutanga amakuru ku gihe. Turasaba ababyeyi n’urubyiruko kudashukwa n’ibyizezwa bidafite gihamya, kandi dushimira RIB ku bufatanye budufasha kurinda abaturage.”

Zikamabahari Evaliste wo mu Murenge wa Gatebe; Akagari ka Jabiro, yavuze ko u Rwanda rufite amahirwe menshi kandi rushobora gutunga urubyiruko rwarwo.

Yagize ati: “Kujya hanze si byo byonyine byateza imbere umuntu. Igihugu cyacu gifite amahirwe menshi. Urubyiruko rukwiye kwiga no kwihangira imirimo, kuko ari bwo buryo bwo kwiteza imbere no guteza imbere igihugu.”
RIB irasaba abaturage gukomeza kuba maso, bakamenya amayeri y’abacuruza abantu no gutanga amakuru hakiri kare ku muntu uri gukekwaho icyo cyaha.

 

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
OLIVE TUYISHIME

Related Posts

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge

August 10, 2026

RWANDA: Mu mezi 6 gusa, hacurujwe abanyarwanda 204 ariko bagaruwe mu Rwanda

July 26, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,817 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,574 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,079 Views

BURERA: Kubera Imirimo Ivunanye, Umunyeshuri Wiga ku kigo cy’Amashuri Abanza ya Musanzu Yahiriye mu Gikoni

March 24, 2026991 Views

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 15, 20260

Mu rwego rwo kwitegura neza umuhango wo kwita izina abana b’ingagi, umuhango uteganijwe kuya 04/09/2026:…

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku

August 13, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.