Abantu barindwi bapfuye, abasaga 20 barakomereka mu mirwano yabaye hagati y’ingabo za FARDC n’abarwanyi b’imitwe ya CRP na CODECO, mu duce two hafi ya Iga-Barrière, Lindji na Lopa mu ntara ya Ituri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Ni imirwano yabaye ku mugoroba w’ejo kuwa gatatu tariki ya 13 Kanama 2025 aho abarwanyi ba CODECO binjiye mu gace ka Lopa no mu nkambi z’impunzi zikikije iyi zone bagatangira gusahura, gutwika no kwica abaturage.
Iyi mitwe yitwaje intaro yasize yishe abaturage barindwi, basahura amaduka, batwika amazu agera kuri 28, bituma kandi abaturage hafi ya bose bahungira i Bunia no mu bindi bice byegereye ako gace.
Amakuru aturuka mu baturage avuga ko iyi mirwano yangirije byinshi mu mitungo y’abahatuye. Mu gihe ingabo za leta zari zimaze hafi iminsi 2 ziri mu bikorwa byo guhiga abarwanyi ba Thomas Lubanga mu bice bya Kombu, Lopa, Lindji na Ikpa, mu bilometero bisaga 20 uvuye i Bunia.
Bivugwa ko hafi 60% by’abaturage ba Lopa, bari bamaze iminsi mike bagarutse mu ngo zabo, bongeye guhunga, bamwe mu baturage bagashinja ingabo za leta kutagira icyo zikora ngo zihagarike ibikorwa by’aba barwanyi.
Ni mugihe ku ruhande rwa leta rwo ruvuga ko ibyo birego ataribyo ngo kuko ntacyo badakora ngo barinde abaturage nubwo bacibwa mu rihumye n’mitwe yitwaje intwaro ikica abaturage.

