Minisitiri w’Ingabo za Israel, Israel Katz, yemeje gahunda y’ingabo za kiriya gihugu (IDF) yo kwigarurira umujyi wa Gaza wo muri Palestine.
Gahunda yo kwigarurira Gaza Minisitiri Katz yaherukaga kuyigezwaho n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Israel, Lt. Gen Eyal Zamil n’abandi bayobozi bakuru ba IDF.
Kuri ubu byitezwe ko mu minsi iri imbere ari bwo Israel izatangira ibikorwa bya gisirikare yise “Operation Gideon’s Chariots II” byo kwigarurira uriya mujyi.
Mu rwego rwo kwitegura iyi gahunda, igisirikare cya Israel kivuga ko cyamaze gutegura inkeragutabara 60,000; nk’uko cyabitangaje kibinyujije ku rubuga rwa Telegrame.
Cyunzemo kiti: “Izindi nkeragutabara 20,000 z’inyongera na zo zamaze guhamagarwa, zizakira ubutumwa bwongera amabwiriza zamaze guhabwa. Icyemezo cyerekeye inkeragutabara cyafashwe, nyuma y’ibiganiro by’imbere [mu ngabo] ku kongera umubare w’abakozi bakenewe kugira ngo intambara ikomeze, kandi cyemejwe na Minisitiri w’Ingabo nyuma y’uko ibisabwa byose abigaragarijwe.”
IDF ivuga ko ingabo zayo zikomeje ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Gaza, mu minsi mike ishize zasubukuye ibitero ku gace ka Jabalia ko mu majyaruguru ya Gaza.
Al Jazeera ivuga ko ibitero byo muri kariya gace byasize inyubako nyinshi zisenywe, ku buryo kahindutse amatongo.
Israel irateganya kwigarurira burundu umujyi wa Gaza, mu gihe ibihugu bitandukanye byiganjemo ibyo ku mugabane w’u Burayi bikomeje gukora iyo bwabaga ngo Palestine yemerwe nk’igihugu.
Ni icyemezo icyakora gikomeje kwitambikwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zisanzwe ari inshuti magara ya Israel.

