Abakunzi b’umupira w’amaguru batunguwe no kubona mu biro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, harimo Igikombe cy’Isi giherutse guhabwa Chelsea yacyegukanye itsinze Paris Saint Germain.
Iki gikombe cyagaragaye mu mashusho ya nyuma y’inama yamuhuje na Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky n’abayobozi batandukanye b’i Burayi bari bajyanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Muri Nyakanga 2025, ni bwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika habereye umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe cyari gikinwe n’amakipe 32 ku nshuro ya mbere.
Muri uwo mukino, Chelsea yo mu Bwongereza yatsindiyemo Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, mu bari bawitabiriye harimo na Perezida Donald Trump, utaratinye kwifatanya n’ikipe yatsinze mu kwishimira igikombe.
Ntibyarangiriye aho kuko Trump yasabye ko iki gikombe ari we wagicyura by’igihe gito, dore ko cyari icy’amateka yandikiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Aganira n’ikinyamakuri DAZN yavuze ko yasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) kugaruka kugitora, ariko bamubwira ko yakigumana nta kibazo.
Ati “Narababajije ngo ‘muzaza gutora iki gikombe ryari?’ Barambwiye ngo icyo uzakigumane kizagume muri Oval, ahubwo twakoze ikindi gishya. Bakoze ikindi gishya, ikindi kiri muri Oval.”
Igikombe cy’Isi cyakinwe cyakozwemo ibikombe bitatu. Kimwe, ari na cyo kizajya kigenderwaho hakorwa ibindi, kibitse mu Busuwisi ku biro bya FIFA, icya kabiri kikaba muri White House, mu gihe icya gatatu gifitwe na Chelsea yacyegukanye.

