Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

January 10, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9
  • Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo
  • Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.
  • Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba
  • BURERA: Mu gitondo cy’isuku abaturage bo mu gace k’amakoro basezeranije ubuyobozi kuzamura igipimo ku isuku n’isukura.
  • MUSANZE: Rurageretse hagati ya Mbarushimana Emmanuel na Nsengiyumva Jean Claude bapfa ubutaka.
  • BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.
  • Sugira Ernest udafite ikipe yatangiye inzira yo kuba umutoza.
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » FDLR izazibandwa yerekeza he nihatangira ibikorwa byo kuyisenya?
Ibiyaga bigari

FDLR izazibandwa yerekeza he nihatangira ibikorwa byo kuyisenya?

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasAugust 18, 202512 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Kimwe mu bikomeye bihanzwe amaso mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni itangira ryo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR, hashingiwe ku masezerano iki gihugu cyagiranye n’u Rwanda muri Kamena 2025.

 

Aya masezerano yasinywe bigizwemo uruhare rukomeye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ateganya ko ibikorwa byo gusenya FDLR bizakurikiranwa n’urwego ruhuriweho rushinzwe umutekano, ruzwi nka JSCM, bikazamara iminsi 90.

FDLR ni umutwe umaze imyaka 25, washinzwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Kugeza muri Kamena 2025, yari igizwe n’abarwanyi bari hagati ya 7000 na 10.000 nk’uko byemejwe n’Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brig Gen. Ronald Rwivanga.

Hari abashidikanya ku bushake bwa Leta ya RDC bwo gusenya FDLR kuko imaze igihe ikorana n’ingabo zayo, iz’u Burundi ndetse n’imitwe ya Wazalendo mu gihe bihanganye n’ihuriro AFC/M23.

Umunyamakuru w’Umurundi ukurikiranira hafi uruhare rw’u Burundi mu makimbirane yo mu karere, Teddy Mazina, agaragaza ko FDLR itaba mu burasirazuba bwa RDC gusa kuko abarwanyi bayo bafite ibikorwa bitandukanye i Bujumbura birimo iby’ubucuruzi.

Yagize ati “Hari ubuhamya bw’uko FDLR yaje gutabara ubutegetsi bwa Nkurunziza. Ubwo coup yapfubaga, FDLR yari ihari. Gukorana ntibyigeze bihagarara. I Bujumbura hari Abanyarwanda biyita abasivili ba FDLR baba mu Burundi kuva mu 2010, bafite amaduka menshi. Amafaranga bakura muri Congo yisuka mu Burundi.”

Umutwe Twirwaneho mu kwezi gushize wagaragaje ko hari abarwanyi ba FDLR babarirwa mu bihumbi batorezwa i Bujumbura, bakoherezwa kwifatanya n’ingabo za RDC na Wazalendo mu kurimbura Abanyamulenge mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Umurundi uyobora umuryango FOCODE, Pacifique Nininahazwe, yasobanuye ko yamenye bwa mbere imikoranire y’ubutegetsi bw’u Burundi na FDLR ubwo yakoraga iperereza ku rupfu rwa Ernest Manirumva wishwe mu 2009 azira iperereza yakoraga ku ntwaro zaguzwe muri Malaysie, ntizishyirwe mu bubiko.

Ati “Nyuma, impuguke za Loni zasohoye raporo, zerekana ko izo ntwaro u Burundi bwaziguriye FDLR. Icyo berekanaga umubano uri hagati ya nyakwigendera Gen Adolphe Nshimirimana, Gen Agricole Ntirampeba (ubu ni Ambasaderi i Kinshasa), n’undi musirikare umwe, na FDLR, berekana ko u Burundi bwahaga FDLR izo ntwaro, na yo ikabaha amabuye y’agaciro.”

FDLR itsinzwe yajya he?

Nininahazwe yagaragaje ko mu gihe ibikorwa byo gusenya FDLR byatangira mu burasirazuba bwa RDC, uyu mutwe w’iterabwoba ugatsindwa, ushobora guhungira mu Burundi kuko ubutegetsi bw’iki gihugu busanzwe bukorana na wo.

Ati “Ayo masezerano avuga neza ko basabwa kurandura FDLR muri Congo. None nibajya kuyirandura muri Congo, izajya he? U Burundi bwo busanzwe bwifatanya na FDLR. None mu gihe bafatanyije urugamba, bafatanyije imigambi, abo bantu u Burundi buzemera ko bahona cyangwa buzabahisha i Burundi cyane ko imigenderanire yabo ari iya kera?”

Umuvugizi w’ihuriro Cfor-Arusha riharanira iyubahirizwa ry’amasezerano ya Arusha, Emmanuel Ndereyimana, yagaragaje ko nta kabuza, u Burundi bwakwakira FDLR hashingiwe ku bufatanye impande zombi zifitanye kuva kera.

Yagize ati “Umwanzuro bafashe ni ugusubira inyuma bajya mu Burundi. Ni bwo mwatangiye kumva amakuru menshi avuga ngo Abakongomani bari kugura ibibanza byinshi, babimaze mu Burundi. Ni abo ba FDLR baje bafite amakarita y’itora yo muri Congo na pasiporo yo muri Congo, byerekana ko ari Abakongomani.”

Umunyamakuru Mazina yagaragaje ko bitewe n’uko muri teritwari ya Uvira hari abarwanyi ba FDLR bagiye gutera Abanyamulenge, aha hantu habereye urugamba bagatsindwa, nta handi bashobora guhungira keretse mu Burundi.

Yagize ati “Nta gitangaza kirimo ko intambara yo muri Uvira ibaye, batsinzwe bose bazajya i Burundi. Icyo ni cyo kibazo cyihutirwa dufite…Uvira iri mu kamashu, nta handi bazahungira.”

Ndereyimana yagaragaje ko mu gihe Leta y’u Burundi itashyirwaho igitutu kugira ngo ihagarike ubufatanye na FDLR nk’uko bigenda ku ruhande rwa Leta ya RDC, umutekano mu karere uzakomeza guhungabana kuko bizakomeza umugambi wo gutera u Rwanda.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba

December 18, 2025

RDC: Kabila arashinjwa kuba intasi y’u Rwanda, Leta irasaba ko yishyura indishyi ya miliyari 24$

August 24, 2025
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025741 Views

BREAKING NEWS: Burera mu murenge wa Rugarama, inkuba yakubise umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ahita apfa.

September 15, 2025414 Views

BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.

December 5, 2025341 Views

AMAJYARUGURU: Umuturage agomba guhora ku isonga_ Guverineri MUGABOWAGAHUNDE Maurice.

September 20, 2025305 Views
Amakuru

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

By MANIRAGUHA LadisilasJanuary 10, 20260

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) isuzuma ibyo abantu bakoresheje mu ngendo bakoreye mu Rwanda [Travel…

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025

Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba

December 18, 2025

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

January 10, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025
Amakuru Akunzwe

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025

BREAKING NEWS: Burera mu murenge wa Rugarama, inkuba yakubise umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ahita apfa.

September 15, 2025

BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.

December 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.