Mu ijoro ryakeye ryo ku wa 13/09/2025 mu ma saa tatu n’igice “21h30”, mu mudugudu wa Muhabura; Akagari ka Karangara ; Umurenge wa Rugarama mu karere ka Burera, humvikanye inkuba yakubise Oliva BYUKUSENGE. Abaturanyi batabaye, bamutwara kwa muganga ariko agerayo karangiye.
Abantu bamwe bavuga ko inkuba ikubita uwo bayirogesheje ariko sibyo; Abandi bakavuga ko ikunze ahantu hari amabuye y’agaciro ariko ibi nabyo ntawabihamya, umunyamakuru wa Karibumedia yageze muri uwo muryango bavuga ko muri ako gace n’ubundi yigeze ihicira umuntu ahagana mu 1965. Umukuru w’umuryango ati: “Umugabo witwaga SURUHUNGO umugabo wa NYIRANTIBAGAYIRWA inkuba yamukibitiye haruguru aha, ahitwa ku Murambi ahagana mu mwaka w’1965, icyo gihe hari saa munane zo ku manywa kandi nta n’imvura yagwaga”. Ibi byo kuvuga ko inkuba bayirogesha ni ibiganiro bishingiye ku marangamutima y’akababaro yo kubura umuntu ku buryo butunguranye kandi n’ubushakashatsi bwakozwe ntiburagaragaza ko inkuba ikunze gukubitira ahantu hari amabuye y’agaciro.
BYUKUSENGE yari munzu, ari hamwe n’umubyeyi we() na Murumuna we ariko inkuba ni ikiza gikomeye yamubakuyemo iramuhitana. Mu bihe by’imvura nk’ibi turakangurira abantu kwirinda ku buryo bushoboka bwose ikintu cyabakururira ibyago byo gukubitwa n’inkuba, dusobanura ngo inkuba n’iki? Kandi dusobanura iby’ingenzi byadufasha kwirinda ibyago byo gukubitwa n’inkuba:

Inkuba n’iki ?
Inkuba ni amashanyarazi akomeye avuka mu kirere, akaturuka ku inyuranamo ry’ibicu mu gihe cy’imvura. Iyo ayo mashanyarazi ahuye n’umuntu cyangwa ikintu kiri hafi y’isi, ashobora gutera urupfu rutunguranye; Gutwika ibintu cyangwa gutera ihungabana.
Uburyo bwo kwirinda inkuba :
1. Irinde kugama munsi y’ibiti cyangwa hafi y’amapironi y’amashanyarazi;
2. Ntukoreshe telefoni cyangwa ibikoresho by’amashanyarazi mu gihe imvura irimo imirabyo;
3. Ntukore ku byuma cyangwa imitaka ifite ibyuma hejuru;
4. Ntugakore ku mazi cyangwa ngo ujye mu mazi (Koga; Kuroba; Kumesa) mu gihe cy’imvura;
5. Shyira imirindankuba ku nyubako z’amashuri; Insengero n’ahateranira abantu benshi;
6. Mu modoka, funga ibirahuri byose kandi ntwegere aho umurindankuba unyura;
7. Mu nzu, irinde kwegera amadirishya n’inzugi, cyane cyane ibikoze mu byuma.

Twaganiriye n’umukuru w’umuryanga, maze mu kababaro kenshi ati: “BYUKUSENGE ni umwana wacu, twagiye kumva twumva inkuba irakubise ariko isa n’ikubitiye aho ndi; Mukanya twumve mu rugo iwabo baratabaje, twatabaye dusanga aracyashushe turamuheka tumutwara kwa muganga tumugezeho atubwira ko byarangiye. Yapfuye aganira n’abavandimwe be, ntiyari azi ko inkuba ishobora kumugeraho kuko yari mu nzu”.

BYUKUSENGE azashingurwa ejo ku wa kabiri tariki ya 16/09/2025, Imana imyakire mu bayo! Ibi bidusaba gukangurira abana n’abakuru kumenya ko inkuba itarobanura aho ikubita kandi ko kwirinda ari ingenzi. Twese hamwe, dufatanye mu gukumira ibiza; Twirinde; Twigishanye Kandi dufate ingamba zo kwirinda ibyago byadukururira gukubitwa n’inkuba.

