Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

January 10, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9
  • Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo
  • Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.
  • Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba
  • BURERA: Mu gitondo cy’isuku abaturage bo mu gace k’amakoro basezeranije ubuyobozi kuzamura igipimo ku isuku n’isukura.
  • MUSANZE: Rurageretse hagati ya Mbarushimana Emmanuel na Nsengiyumva Jean Claude bapfa ubutaka.
  • BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.
  • Sugira Ernest udafite ikipe yatangiye inzira yo kuba umutoza.
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9
Amakuru

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasJanuary 10, 20263 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) isuzuma ibyo abantu bakoresheje mu ngendo bakoreye mu Rwanda [Travel Expenditure Survey:TES] yagaragaje ko mu 2024, abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyoni 579,5$, ni ukuvuga arenga miliyari 839,9 Frw Frw mu bintu bitandukanye bahashye byabafashije kubaho bari mu gihugu.

 

Iyi raporo igendera ku byo umuntu yaguze mu gihugu kuva yinjiye yaba yanyuze ku mupaka wo ku butaka cyangwa yinjiriye ku kibuga cy’indege kugeza igihe ahaviriye.

 

Abayikora basaba inyemezabuguzi abo batoranyije igihe bagiye kuva mu gihugu hakarebwa ingano y’amafaranga bakoresheje ku icumbi, amafunguro, kwishimisha, no kugura inzibutso batahana.

 

Imibare igaragaza ko abinjira mu gihugu bakoresheje inzira y’amaguru ari bo benshi ariko abakoresha indege bakagira uruhare runini cyane mu mafaranga yinjira binyuze mu byo baguze.

Nk’urugero abinjiye mu gihugu bakoresheje inzira y’indege bakoresheje miliyoni 445 $ n’imisago mu 2024, abinjiye n’amaguru bakoresha arenga miliyoni 130 $.

Mu gihembwe cya mbere cya 2024, abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje miliyoni 106,1$ mu byo baguze byose imbere mu gihugu kugeza batashye, hatabariwemo tike y’indege. Mu gihembwe cya kabiri yariyongereye agera kuri miliyoni 112,6 $ na ho mu gihembwe cya gatatu aba miliyoni 161,3 $ mu gihe mu gihembwe cya kane yageze kuri miliyoni 102,2 $.

Abakoresha amafaranga menshi mu basura u Rwanda harimo abahageze nk’ahantu ho kuruhukira n’abasuye inshuti n’imiryango.

Ku rundi ruhande Abanyarwanda bajya mu mahanga, harebwe ku nyemezabuguzi binjiranye ku mupaka cyangwa ku kibuga cy’indege ubwo bari batashye, bigaragara ko bakoresheje miliyoni 363,8 $ mu 2024.

2025 yatangiye neza…

Raporo yashyizwe hanze ku wa 15 Ukwakira ikubiyemo imibare y’ibihembwe bibiri bya 2025 igaragaza ko abanyamahanga bageze mu Rwanda hagati y’Ugushyingo 2024 na Mutarama 2025 bakoresheje miliyoni 130,7 $ na ho mu gihembwe cya kabiri aba miliyoni 121,7 $.

Ugereranyije iyi mibare n’iy’umwaka wa 2024, usanga ibihembwe byombi bya 2025 byarinjirije u Rwanda amafaranga menshi ugereranyije na bibiri bya mbere bya 2024.

Kugeza ubu u Rwanda rwashyize imbaraga mu kubaka ibikorwaremezo birufasha kuva igicumbi cy’ikoranabuhanga, imikino, ubwikorezi bwo mu kirere n’ubukerarugendo.

Kugeza ubu Ishami ry’Ubukerarugendo mu Rwego rw’Abikorera mu Rwanda ribarizwamo ibigo 1,360 n’amahuriro arindwi y’ubukerarugendo butandukanye.

Ibyumba by’amahoteli mu 2024 byari ibihumbi 25, ndetse bigenda byiyongera kuko hari nyinshi zafunguye imiryango mu 2025.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

MUSANZE: Gutwara abantu n’ibintu muri Jali Investment of Transport yahoze ari RFTC, byahawe umurongo mwiza.

November 22, 2025

Ingabire Immaculée yitabye Imana

October 9, 2025

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025741 Views

BREAKING NEWS: Burera mu murenge wa Rugarama, inkuba yakubise umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ahita apfa.

September 15, 2025414 Views

BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.

December 5, 2025341 Views

AMAJYARUGURU: Umuturage agomba guhora ku isonga_ Guverineri MUGABOWAGAHUNDE Maurice.

September 20, 2025305 Views
Amakuru

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

By MANIRAGUHA LadisilasJanuary 10, 20260

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) isuzuma ibyo abantu bakoresheje mu ngendo bakoreye mu Rwanda [Travel…

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025

Rwambikanye hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba

December 18, 2025

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

Abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje arenga miliyari 839,9

January 10, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026

Urukiko rwa Gisirikare rufite icyicaro i Nyamirambo, rwakatiye abasirikare 2 n’umusivili umwe igifungo cy’imyaka 5 isubitsemo ibiri n’igice.

December 26, 2025
Amakuru Akunzwe

BREAKING NEWS: Mukarere ka Burera umwarimu yasanzwe yapfuye birakekwako yiyahuye

September 15, 2025

BREAKING NEWS: Burera mu murenge wa Rugarama, inkuba yakubise umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 25 ahita apfa.

September 15, 2025

BURERA: Bane barimo abasirikare babiri bitabye Urukiko rwa Gisirikare bahakana ibyo baregwa.

December 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.