Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Trump yamaganye igitero Israel yagabye kuri Qatar
Mu mahanga

Trump yamaganye igitero Israel yagabye kuri Qatar

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasSeptember 10, 202513 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanenze Israel yagabye igitero kuri Qatar kigamije kwivugana abayobozi b’umutwe wa Hamas bari i Doha.

 

Trump yavuze ko icyemezo cyo kugaba igitero kuri Qatar cyafashwe na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu wenyine.

Ku wa 9 Nzeri 2025 nibwo Israel yagabye ibitero kuri Qatar ikoresheje indege z’intambara zigera kuri 15 zirasa ibisasu bigera ku 10.

Ibi bitero byishe abantu benshi bo muri Hamas barimo n’umuhungu wa Khalil al-Hayya uri mu bayobozi bakuru b’uyu mutwe umaze imyaka ibiri uhanganye na Israel mu ntambara.

Hamas yavuze ko abayobozi bakuru bayo barokotse iki gitero simusiga.

Abinyujije kuri Truth Social, Trump yavuze ko kugaba ibitero kuri Qatar nk’inshuti ya Amerika, nta kintu byafasha Amerika cyangwa Israel mu kugera ku ntego ibi bihugu byihaye.

Ati “Qatar ni umufatanyabikorwa ukomeye akaba n’inshuti ya Amerika. Ntabwo nishimiye ahagabwe iki gitero. Ni icyemezo cya Minisitiri Netanyahu, ntabwo ari icyemezo cyafashwe nanjye.”

Yavuze ko akimenya iby’iki gitero yahise ategeka intumwa ye yihariye Steve Witkoff, kuburira abayobozi ba Qatar, ariko ku bw’amahirwe make uwo muburo watanzwe amazi yarenze inkombe ku buryo igitero kitari kubasha guhagarikwa.

Yavuze ko nta ko bisa gusenya Hamas, icyakora agaragaza ko ibyabaye yizera ko bigamije kugera ku mahoro arambye.

Nyuma Trump yavuganye na Netanyahu, uyu muyobozi wo muri Israel agaragaza ko ibyakozwe byari bigamije amahoro.

Perezida wa Amerika kandi yanavuganye n’abayobozi ba Qatar, abizeza ko ibyabaye bitazasubira ukundi.

Trump yavuze ko yasabye Umunyamabanga wa Amerika Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, kurangiza amasezerano na Qatar ajyanye n’ubufatanye mu bya gisirikare.

Minisitiri w’Intebe wa Qatar, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman al-Thani, yavuze ko ibyakozwe na Israel ari ibikorwa by’iterabwoba ndetse atanga umuburo ko igihugu cyabo gifite uburenganzira bwo gusubiza Israel.

Yavuze ko Netanyahu ari umuntu wakunze kureba ku nyungu ze gusa, ko ibikorwa bye bikomeje guhungabanya umutekano w’akarere.

Yavuze ko ibyakozwe bitesha agaciro ibiganiro byo guhagarika intambara muri Gaza no kurekura Abanya-Israel bashimuswe na Hamas.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Gen. Muhoozi yahaye gasopo abasore bagufi bashaka gutereta abakobwa be

April 29, 2026

Perezida Museveni yanikiye abandi bakandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu

January 19, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,827 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,584 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,092 Views

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 20261,002 Views

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 17, 20260

Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, ku itariki ya 14/08/2026 ahagana saa moya hagaragaye umwotsi…

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.