Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
Amakuru

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasAugust 17, 2026Updated:August 17, 2026183 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, ku itariki ya 14/08/2026 ahagana saa moya hagaragaye umwotsi mwinshi, aho byagaragaye ko ari Inkongi y’umuriro yadukiriye ishyamba rya pariki y’Igihugu mu kirunga cya Muhabura; Byageze mu ma saha ya saa mbiri za mugitondo ikirimi cy’umuriro gitangiye kugaragara, kugeza ubu imibare y’ikigereranyo igaragaza ko byibuze hahiye hafi hegitari zirenga mirongo itatu”+30ha”.

K’ubufatanye bw’abaturage; Abayobozi mu nzego zitandukanye hamwe n’Inzego z’Umutekano, bazimije burundu inkongi y’umuriro yari imaze iminsi itatu. Iri shyamba rikimara gufatwa byagaragaye nk’ibikomeye kubera igihe cy’izuba, aho ibyatsi n’ibiti byumye hari impungenge ko bitari bworohe kurizimya kubera umuyaga mwinshi urangwa muri kiriya gice cy’aho bita ku muremure washoboraga gukwirakwiza umuriro ahantu hanini. Ku muremure, ni mu kagari ka Nyagahinga mu murenge wa Cyanika. Aha hantu haba umuyaga mwinshi, bikaba bivugwa ko ari ukubera ubuhumekero bw’ubuvumo bwaho.

Abaturage bavuga iki ku cyateye iriya nkongi?

Mu nkuru yacu Karibumedia.rw yabatangarije ko ari ubugira gatatu mu myaka mirongo ine irenga ririya shyamba rishya, abaturage igihe cyose bashyira mu majwi aborozi b’inzuki “Abavumvu”.

SAMVURA Jacques, ni umuturage utuye hariya yavuganye n’umunyamakuru wa Karibumedia.rw aho yagize ati: ” Njyewe ndi umuturage ubarizwa muri koperative ‘Green volcanoes’ yita ku bidukikije, dukora Isuku muri Pariki y’ibirunga kandi duherekeza na ba mukerarugendo, ibyabaye byadutunguye kuko ntitwari tuzi ko hari imitiba y’inzuki bahisha mu ishyamba. Ubu tugiye kurushaho kuba maso, bariya bantu tuzabafata kuko bajya guhakura inzuki ziba mu ntare n’iziba mu biti ‘imbigo”. Tuzimya ishyamba twabonye imitiba mu ishyamba, bityo turakeka ari abavumbu batayemo umuriro kuko nari mpiriye mu rutare ngiye gufata urwego bakoreshaga ni umusirikari wamfashije kuvamo.”

BAZANSANGA J. Dedieu utuye mu murenge wa Gahunga; Akagari ka Gisizi, akaba abarizwa muri kopoperative ibungabunga ibidukikije yitwa ‘COAPOGA’ we yagize ati: “Uko twabibonye, ishyamba ryaba ryokejwe n’abavumvu kuko tuzimya abaturiye hariya wumvaga bavuga ko nta muntu ugera hariya uretse abitwikira ijoro bakajya gushakayo ubuki. Gusa ntibabavuze mu izina, bityo byari ngombwa ko dutabara kubera natwe ridufatiye runini kuko muri koperative yacu tubona Revenue Sharing ‘10%’, akomoka Ku bukeratugendo bukorerwa muri pariki y’ibirunga.”

Bwana BAZANSANGA Jean Dedieu

Hari harafashwe ingamba ko nta nzuki zigomba kugera muri pariki y’ibirunga no mu nkengero zayo

Dukora iyi nkuru twashatse kumenya icyo ubuyobozi buvuga kuri iyi nkongi y’umuriro ikunze kugaragara mu ishyamba rya pariki y’Igihugu mu kirunga cya Muhabura igice giherereye mu karere ka Burera, maze umunyamakuru ahamagara Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Madame MUKAMANA Soline

Mayor Soline yagize ati: “Kugeza ubu bikekwa ko ari abavumvu baritwitse, bagiye guhakura ubuki mu urutare kuko abagiye kuhazimya basanzeyo urwego rwabafashaga kuririra urwo rutare. Ahahiye ni hafi hegitari 12.”

Madame MUKAMANA Soline, Umuyobozi w’Akarere ka Burera.

Yakomeje agira ati: “Hafashwe ingamba zo gukomeza gukangurira abaturage bahegereye n’abandi  kwirinda kujya guhakura mu ishyamba; Kwirinda guhigamo no gutema ibiti by’ishyamba, hagamijwe kubungabunga ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima kandi abaturage ubwabo bakaririnda kuko ribafitiye akamaro.”

Itegeko riteganya iki ku muntu ufatiwe mu bikorwa byangiza ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima?

Itegeko N°48/2018 ryo kuwa 13/08/2018, mu ngingo yaryo ya 44 rivuga ko hagamijwe kurengera ibinyabuzima, ibikorwa bikurikira birabujijwe: gutwika amashyamba, pariki z’Igihugu n’ibyanya; gutwika ibishanga, inzuri, ibihuru, ibyatsi hagamijwe ubuhinzi cyangwa gutunganya inzuri z’amatungo ndetse n’ibindi bikorwa ibyo aribyo byose byangiza ibidukikije birabujijwe.

Ingingo ya 59 y’iri tegeko ivuga ko umuntu wese utuma ibimera bikomye bipfa, ubisenya, ubisarura cyangwa ubyangiza, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000FRW).

Pariki y’Igihugu ku kirunga cya Muhabura, ifite akamaro ku iterambere ry’abaturage baho.

Ikirunga cya Muhabura gifite ubutumburuke bwa metero 4170, gifite ishyamba rifatiye runini abaturage n’urusobe rw’ibinyabuzima kuko ririmo inyoni n’inyamaswa utasanga ahandi ndetse ribamo n’ingagi zo mu misozi miremire utasanga henshi ku isi. Habarizwamo groupe bita Kwitonda na Nyakagezi zamenyerejwe kandi zisurwa na ba mukerarugendo, amafaranga avuye mu bukeratugendo havamo 10% Revenue Sharing ahabwa amakoperative akorera mu nkengero za parike y’ikirunga cya Muhabura.

Abaturage ba Burera bakoze akazi katoroshye, kuzimya ishyamba ni ubuhanga bwihariye kuko ntibyumvikana ukuntu umuriro nk’uriya waba uzimye mu minsi itatu gusa. Muri Afurika yose hari ikigo kimwe gusa cyo muri Afurika yepfo kizobereye kuzimya umuriro mu ishyamba gikoresheje indege, ubwo n’ubundi ryashyaga byatekerejweho ko bakodesha ziriya ndege ariko abaturage ba Burera bagaragaza ko bafite ubuhanga n’ubushonozi bwo kuzimya ishyamba.

Karibumedia.rw nk’ijisho ry’ibidukikije; Urusobe rw’ibinyabuzima; Umuco n’ubukerarugendo bukorerwa muri pariki y’ibirunga, nayo irakangurira abaturage bo mu nkengero za pariki y’ibirunga kureka gukorera ibikorwa muri pariki y’ibirunga kuko bimwe mu bikorwa bya muntu aribyo mwanzi w’ibidukikije. Bityo rero buri wese akomeze abe maso kugira ngo habungabungwe Urusobe rw’ibinyabuzima, harimo inyoni n’inyamaswa; Ibikururuka ndetse n’ingagi ziboneka hake kw’isi.

Karibumedia.rw

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije

August 12, 2026

NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru

August 10, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,821 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,578 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,086 Views

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026995 Views

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 17, 20260

Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, ku itariki ya 14/08/2026 ahagana saa moya hagaragaye umwotsi…

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.