Close Menu
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English

Subscribe to Updates

Get the latest creative news from FooBar about art, design and business.

What's Hot

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Facebook X (Twitter) Instagram
Trending
  • BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu
  • MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi
  • MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi
  • Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya
  • RWANDA: Urwagwa; Ikigage; Ubushera n’umutobe ntibyaciwe ahubwo bigomba guteguranwa isuku
  • RWANDA: Imyiteguro yo ” Kwita amazina” Abana b’Ingagi 22 mu 2026 irarimbanije
  • MUSANZE: Hamenwe litiro zisaga ibuhumbi 30 za Ethanol n’amakarito 4200 y’inzoga zitujuje ubuziranenge
  • NGORORERO: Ibihazi byari byivuganye Gitifu w’umurenge akizwa n’amaguru
Facebook X (Twitter) Instagram
Karibu MediaKaribu Media
  • Ahabanza
  • Amakuru
    • Mu mahanga
    • Iyobokamana
    • Ubutabera
    • Ubukungu
    • Amatangazo
    • Amateka
    • Umuco
    • Umutekano
    • Ibiyaga bigari
    • Uncategorized
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Uburezi
  • Ubuzima
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
Karibu MediaKaribu Media
Home » Igitutu cya Wazalendo cyatumye Brig Gen Gasita ahunga Uvira
Mu mahanga

Igitutu cya Wazalendo cyatumye Brig Gen Gasita ahunga Uvira

MANIRAGUHA LadisilasBy MANIRAGUHA LadisilasSeptember 10, 202564 Views
Facebook Twitter WhatsApp Copy Link

Brig Gen Olivier Gasita ushinzwe ibikorwa by’igisirikare n’ubutasi mu karere ka gisirikare ka 33 mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahunze umujyi wa Uvira abitewe n’igitutu cy’imitwe yitwaje intwaro yibumbiye muri Wazalendo.

 

Abo mu nzego z’umutekano bahamya ko Brig Gen Gasita yavuye muri Uvira mu rukerera rwa tariki ya 9 Nzeri 2025, basobanura ko ituze ryagaragaye muri uyu mujyi rifitanye isano no kugenda kwe.

Andi makuru ahamya ko uyu musirikare yahungishirijwe i Bujumbura, bigizwemo uruhare n’abari bamurinze barimo n’abasirikare b’u Burundi.

Brig Gen Gasita ahunze nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yabereye muri Uvira tariki ya 8 Nzeri, ipfiramo “abantu batatu, batanu barakomereka” nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’intara ya Kivu y’Amajyepfo bwashyizweho na Leta.

Uwo munsi, Wazalendo bari baherekejwe n’abasivili babashyigikiye bagiye ku biro bya Meya wa Uvira, Kifara Kapenda, bamumenyesha ko bifuza ko uyu musirikare ava muri uyu mujyi bwangu kuko bamufata nk’umuntu ushobora kugambanira igihugu.

Bahavuye bakomereza kuri hoteli bivugwa ko Brig Gen Gasita yari acumbitsemo, bafite ubutumwa bumusaba kuva muri Uvira bwangu. Icyo gihe ni bwo abari bamurinze barashe abigaragambyaga.

Alexis Byaduniya wo muri Wazalendo yagize ati “Abamurinda batewe ubwoba n’abigaragambyaga ubwo bajyanaga ubutumwa, batekereza ko bashobora guterwa kuri hoteli. Ni bwo rero barashe ku baturage.”

Mu Ukuboza 2024 ni bwo Perezida Félix Tshisekedi yagize Brig Gen Gasita umuyobozi mu karere ka gisirikare ka 33. Yabanje gukorera mu mujyi wa Bukavu, muri Gashyantare 2025 ahungira i Kindu mu ntara ya Maniema ubwo abarwanyi ba M23 bafataga uyu mujyi.

Muri Nzeri 2025, Perezida Tshisekedi yategetse Brig Gen Gasita kujya gukorera ku cyicaro cy’agateganyo cy’akarere ka gisirikare ka 33 muri Uvira, ariko Wazalendo babiteye utwatsi.

Imyigaragambyo ya Wazalendo n’ababashyigikiye yatangiye tariki ya 2 Nzeri ubwo bamenyaga ko Brig Gen Gasita yageze muri Uvira. Bafunze imihanda, bahagarika ibikorwa by’abaturage, bamenyesha ubuyobozi ko bazatuza mu gihe uyu musirikare azaba aherekejwe, agasubizwa iyo yavuye.

Wazalendo bavugaga ko Brig Gen Gasita ari Umunyarwanda, ariko igisikare cya RDC cyo kikagaragaza ko ibyo atari byo, kandi ko gishyigikiye ko akomeza inshingano ze muri Uvira.

Share. Facebook Twitter WhatsApp Threads
MANIRAGUHA Ladisilas
  • Website

Related Posts

Gen. Muhoozi yahaye gasopo abasore bagufi bashaka gutereta abakobwa be

April 29, 2026

Perezida Museveni yanikiye abandi bakandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu

January 19, 2026

Ingabo z’ibihugu bidacana uwaka na Amerika zahuriye mu myitozo mu mazi ya Afurika y’Epfo

January 10, 2026
Leave A Reply Cancel Reply

Inkuru Wasoma

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 20261,827 Views

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 20261,584 Views

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 20251,092 Views

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 20261,002 Views

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

By MANIRAGUHA LadisilasAugust 17, 20260

Nk’uko twabibagejejeho mu nkuru yacu iheruka, ku itariki ya 14/08/2026 ahagana saa moya hagaragaye umwotsi…

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026

Breaking News: Burera mu murenge wa Cyanika, ishyamba ry’ikirunga cya Muhabura ryongeye gushya

August 14, 2026

Karibu Media Ijwi ry'Abaturage muri Rubanda

Tel:+250-788-354-794
Email:info@karibumedia.com

Facebook X (Twitter) Instagram YouTube
Amakuru Mashya

BURERA: Inkongi y’umuriro yari amaze iminsi itatu yazimye burundu

August 17, 2026

MUSANZE: Muri RED ROCKS baritegura iserukiramuco rizitabirwa n’abanyamahanga benshi

August 15, 2026

MUSANZE: Umuryango w’abantu barindwi(7) uri mu kaga nyuma yo gusenyerwa n’ubuyobozi

August 14, 2026
Amakuru Akunzwe

MUSANZE: MANIRAGABA Innocent uzwi nka MAYIRA ari mu maboko atari aye, nyuma yo gufungisha umukozi we

March 8, 2026

BURERA: Umujura ruharwa akomeje gukingirwa ikibaba

February 20, 2026

Burera: Abaturage barinubira serivisi mbi bahabwa, baratabaza ubuyobozi bw’akarere

August 5, 2025
Facebook X (Twitter) Instagram Pinterest
  • Ahabanza
  • Aboturibo
  • Serivisi
  • Privacy Policy
  • Kinyarwanda
  • Français
  • Kiswahili
  • English
© 2026 Karibu Media.Alright reserved

Type above and press Enter to search. Press Esc to cancel.