
Amakuru agera ku kinyamakuru Karibumedia.rw ni uko mu karere ka BURERA; Umurenge wa Cyanika; Akagari ka Nyagahinga mu mudugudu wa Gahama, byemezwa ko mu masaha make ishyamba ritangiye gushya.
Ni muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14/08/2026 mu kagari ka Nyagahinga gahana imbibi n’Igihugu cya Uganda. Aka kagari gakoze ku kirunga cya Muhabura, iki kirunga kikaba gihuriweho n’igihugu byombi “U Rwanda na Uganda” mu cyaro cy’abagande hitwa Nyarusiza muri District ya Gisoro abandi bita mu Bufumbira. Hari impungenge ko iyi nkongi/ umuriro ushobora kugera no mu gice cya Uganda.
Si ubwa mbere iri shyamba rishya, mu mwaka wa 2009 iri shyamba ryarahiye bivuye ku muturage warimo guhakura inzuki kubera igihe cy’Icyi bikunze kubaho kubera ari igihe cy’izuba kuko haba hari n’umuyaga mwinshi, aho n’ubundi mu mwaka 1982 ryahiye. Uyu muyaga ufasha gukwirakwiza umuriro, ubwo ryaherukaga gushya 2009 uriya muvumvu yagerageje kurizimya ariko birangira bimunaniye ndetse nawe icyo gihe yahiriyemo aratabarwa ajyanwa kwa muganga.
Hari harafashwe icyemezo cyo gukura inzuki hafi y’ishyaba, imizinga igashirwa mu mirima y’abaturage kugira ngo abavumvu baho batazakomeza kuhakururira ibyago byo gushya.
Ubwo twakoraga iyi nkuru twagerageje guhamagara telefoni y’umuyobozi w’Akarere ka Burera ariko ntiyaboneka, kuri ubu umuriro ukomeje kwiyongera ubwo ubuyobozi burakora ibishoboka barebe uko iyo nkongi yahagarara umuriro utarakwira mu bindi bice by’icyo kirunga ariko kuzimya inkongi ya hariya biragorana kuko hitabazwa umuganda uhuriweho n’inzego zose “Iz’umutekano n’abaturage” ndetse ubuherutse hakoreshejwe n’indege za Erikobuteri “Kajugujugu”.

Ikirunga cya Muhabura gifite ubutumburuke bwa m 4127, inkongi igeza hafi yaho bita Ihema kandi kuva Ihema ugera ku bushorishori bwaco uba usigaje m 800 gusa. Ntiharamenyekana icyateye iyi nkongi, tugiye kubikurikirana mu gihe kitarambira turabagezaho aho igikorwa cyo guhagarika iyi nkongi kigeze.
Karibumedia.rw
