
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29/05/2026, itsinda ry’intumwa za rubanda mu nteko ishimga amategeko, umutwe w’Abadepite ryasuye abaturage bo mu murenge wa Gahunga baganira n’abo ku ngingo zitandukanye zirimo no guhinga kinyamwuga bakongera umusaruro.
Uru ruzinduko mu karere ka Burera by’umwihariko mu murenge wa Gahunga rwari rugizwe n’Itsinda ry’Abadepite riyobowe na Honorable UWIZEYE Marie Thérèse na bagenzi be Zainabu Umulisa na Maurice Kabandana baherekejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Burera, MUKAMANA Soline n’Umuyobozi w’ ishami ry’ubuhinzi mu karere, NIZEYIMBABAZI Jean de Dieu ndetse n’abandi bayobozi batandukanye.

Mbere yo gusura ibikorwa by’ubuhinzi bikorwa n’abaturage n’amakoperative mu murenge wa Gahunga, habanje kuba inama yahuje abayobozi b’umurenge n’ibyiciro bitandukanye bifite aho bihuriye n’ubuhinzi n’iterambere ry’umurenge.
Nyuma hakurikiraho kuganira n’abaturage mu nteko hagamijwe kumva ibibazo byabo no gushakira hamwe ibisubizo byabyo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahunga BUTOYI Louis yatanze ishusho rusange y’ubuhinzi mu murenge wa Gahunga, agaragaza n’ibikorwa bimaze kugerwaho ndetse n’imbogamizi abaturage bahura na zo mu buhinzi bwabo.
Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Akarere ka Burera, MUKAMANA Soline bizwi na bose ko akunda abaturage be yibanze cyane cyane ku mutekano, aho yasabye abaturage kwirinda ubusinzi kuko ngo bugira ingaruka nyinshi zirimo no kwicana.
Yagize ati: “Ndabasaba kwirinda ubusinzi kuko iyo ngeze buri gihe muri uyu murenge wa Gahunga, nsanga abaturage benshi mwasinze. Nababwira ko nta muturage watera imbere abyukira mu kabare kuko uko isi yihuta niko tugomba kugendana nayo.”
Meya MUKAMANA yakomeje agaruka ku ngaruka z’ubusinzi aho yagize ati: “Ubusinzi ni bubi kuko nibwo butera amakimbirane mu miryango, igwingira n’imirire mibi n’urugomo rwa hato na hato tutibagiwe n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyangwa se gufata ku ngufu no gusambanya abana.”
Mu kiganiro kirambuye Hon. UWIZEYE Marie Thérèse, yabwiye abaturage inshingano z’abadepite ndetse ababwira n’impamvu z’uruzinduko rwabo nk’intumwa z’inteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite.

Yagize ati: “Inshingano zacu nk’Abadepite ni ugusesengura amategeko no kuyatora, kugenzura ibikorwa bya Guverinoma no kugira gahunda yo gusura abaturage. Ni muri urwo rwego rero twaje ngo tuganire ku ishusho y’ubuhinzi mu murenge wanyu wa Gahunga, tumenye n’ ibibazo biri mu rwego rw’ubuhinzi n’iterambere ry’abaturage.”

Nyuma y’ikigamiro cya Hon. UWIZEYE Marie Thérèse, abaturage bahawe umwanya bagaragaza ibibazo bibangamiye imibereho yabo, bimwe birasubizwa, ibindi bizezwa ko bizakorerwa ubuvugizi mu nzego bireba.
Bimwe mu bibazo bizakorerwa ubuvugizi mu nzego bireba harimo ikibazo cy’imbuto y’ibirayi; Ifumbire iza ikererewe; Igiciro cy’umuti wica udukoko mu myaka gihindagurika; Igiciro cy’ibireti kikiri hasi bityo, bigahombya umuhinzi n’ikibazo cyabajijwe na Nyirabapolisi Anastasie ko umudugudu wabo wa Kamatanda mu kagari ka Nyangwe utagira amashanyarazi.
Mu bibazo rusange byabonewe ibisubizo harimo ikibazo cy’abaturage bakwa amafaranga ngo babarurirwe ubutaka kandi bitemewe gutanga amafaranga ko serivisi ari ubuntu. Iki kibazo Hon. UWIZEYE yagishize mu maboko y’ubuyobozi bw’umurenge n’akarere kandi bikazakorerwa raporo ko nta muturage ubaruza ubutaka bwe wongeye gucibwa amafaranga ndetse ko n’abayatswe bagomba kuyasubizwa mu maguru mashya.

Meya MUKAMANA yagize ati: “Muri gahunda ya ‘Duhari ku bwanyu’ , nta muturage ugomba kwishyuzwa amafaranga ngo abarurirwe ubutaka bwe. Iyo ni serivisi idasaba ikiguzi cy’amafaranga, bityo nta muturage ugomba kuyatanga kuko n’abamaze kuyatanga, tuzayabaza abayahawe, abaturage bayasubizwe.”
Uruzinduko rw’Abadepite mu murenge wa Gahunga rwabaye umwanya mwiza wo kuganira ku iterambere ry’ubuhinzi, kumenya ibibazo abaturage bahura na byo ndetse no gusura ibikorwa by’indashyikirwa bikorwa n’abaturage n’amakoperative yabo.
Abaturage bashimiye ubuyobozi n’Abadepite uburyo babegereye bakabatega amatwi, naho Abadepite bashimangira ko ibibazo byagaragajwe bizagezwa ku nzego zibishinzwe kugira ngo bishakirwe ibisubizo.







Yanditswe na SETORA Janvier.
